Iyi serivisi ifasha Abanyarwanda batsinze ikizamini cy’uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga gusaba uruhushya rwabo rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga. Iyi serivisi itangwa na Polisi y’u Rwanda (RNP).
Igihe cyo gutunganya iyi serivisi ni iminsi 14, kandi igiciro cyayo ni 50,000 Frw.
Ibisabwa Mbere yo Gusaba:
Abasaba bafite cyangwa badafite konti bashobora gusaba iyi serivisi.
Kanda hano kugira ngo umenye uko wafungura konti kuri IremboGov.
Abemerewe iyi serivisi bagomba kuba bafite imyaka 18 cyangwa irenga.
Usaba agomba kuba yaratsinze ikizamini cy’uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga kandi yarahawe kode yo kwiyandikisha.
Uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga rumara imyaka 10, nyuma rukavugururwa.
Kurikiza izi ntambwe zoroshye kugira ngo usabe uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga:
Sura urubuga rwa IremboGov: www.irembo.gov.rw, hanyuma munsi ya Polisi, ukande kuri “Guhabwa Uruhushya watsindiye”.
Hitamo serivisi wifuza, "Gusaba uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga" maze ukande “saba”.
Injiza kode yawe yo kwiyandikisha cyangwa nomero y’Indangamuntu, akarere uzafatiramo uruhushya, ndetse na sitasiyo uzafatiraho uruhushya. Amakuru y’usaba azahita agaragara harimo n’amanota yabonye. Kanda Komeza kugira ngo ukomeze.
Urugero rwa 1: Niba ukoresheje Indangamuntu, urutonde rwa kode zo kwiyandikisha zijyanye na yo ruzagaragara (niba ufite kode zirenze imwe), uhereye ku iheruka. Hitamo kode ikora.
Urugero rwa 2: Niba uhisemo gukoresha kode yo kwiyandikisha, amakuru ajyanye n’iyo kode yihariye azahita agaragara.
4. Emeza ko amakuru ari ukuri, andika nomero ya telefoni na/cyangwa imeri, ushyireho akamenyetso kemeza ku gasanduku ko kwemeza (verification box), hanyuma ukande kuri Ohereza.
5. Hazahita haboneka nomero yo kwishyura ( itangirwa kuri 88…) kugira ngo wishyure, hanyuma ukande ahanditse Kwishyura.
Abasaba bahitamo uburyo bwo kwishyura. Kugira ngo ubone ibisobanuro birambuye ku buryo bwo kwishyura, kanda hano.
ICYITONDERWA: Nyuma yo gusaba no kwishyura neza binyuze kuri IremboGov, usaba ahabwa ubutumwa bugufi (SMS) cyangwa ubutumwa bwo kuri imeri bumumenyesha ko uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rwamaze gutegurwa kandi rwiteguye gufatirwa ku biro bya Polisi Ishinzwe Umutekano wo mu Muhanda.




