Ohereza itike
Velkominn
Innskráning

Kwiyandikisha mu kizamini cy’uruhushya rw’icyiciro kisumbuye

Iyi serivisi ifasha abayikoresha kwiyandikisha mu kizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’icyiciro kisumbuye. Intego y’iki kizamini ni ugusuzuma ubushobozi bw’usaba uruhushya mu gutwara ikinyabiziga cyo muri icyo cyiciro yifuza. Serivisi itangwa na Polisi y’Igihugu (RNP).

Kunoza dosiye bitwara umunsi 1 w’akazi ku giciro cya 10,000 Frw ariko mu gihe usaba ahisemo gukorera kuri site ya Busanza igiciro gihinduka bitewe n’icyiciro yahisemo. Kode yo kwishyura icyura igihe nyuma y’amasaha 8, aho umwanya uhabwa abandi mu gihe waba utishyuriwe.

Icyo ugomba kumenya: Iyi serivisi ikorera ku myanya yatanzwe, aho imyanya yatanzwe ku munsi iba ibaze; uje mbere ni we ubona umwanya. Ukimara kwishyura, uhita uhabwa umwanya uhuye n’itariki ndetse n’aho ikizamini kizakorerwa.

Icyitonderwa: Pasiporo n’ibyemezo bisimbura indangamuntu ntibihagije kugira ngo wiyandikishe mu kizamini.

Ibikenewe:

  • Usaba ashobora guhabwa iyi serivisi, yaba afite cyangwa adafite konti kuri IremboGov.

  • Kanda hano umenye uko wafungura konti kuri IremboGov.

  • Usaba agomba kuba afite indangamuntu nyarwanda ndetse n’uruhushya rwa burundu gutwara ikinyabiziga rugifite agaciro.

  • Uwataye uruhushya rwo gutwara cyangwa rwaracyuye igihe ntiyemerewe gusaba iyi serivisi.

  • Usaba agomba kuba afite nomero ya telefone, imeyili, cyangwa byombi bikora.

Kurikira izi ntambwe zoroshye kugira ngo wiyandikishe:

  1. Gana urubuga rw’Irembo www.irembo.gov.rw ahanditse Polisi, ukande kuri Kwiyandikisha gukora ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga. 


  1. Hitamo “Kwiyandikisha gukora ikizamini cy’uruhushya rw’icyiciro kisumbuye” maze ukande kuri Saba. 

  1. Shyiramo Umwirondoro w’usaba serivisi (nomero y’indangamuntu) ndetse n’Ibijyanye no kwiyandikisha (itariki y’ikizamini, icyiciro wifuza, akarere, itariki, n’ikigo). Amakuru yawe ahita agaragara ku ruhande rw’iburyo rwa paji.

  2. Kanda Ibikurikira maze ukomeze.

Icyitonderwa: Iyo uhisemo gukorera kuri site ya busanza, ugahitamo icyiciro ndetse n’itariki uzakoreraho igiciro gihinduka bitewe n’icyiciro wahizemo kandi kiba gikubiyemo amafaranga y’ikizamini nay’imodoka uzakoresha ikizamini.

Ibi ni ibiciro bya buri cyiciro:

Site

Icyiciro

 Igiciro(RWF)

Izindi site

C,D, D1, E and F

10,000

Site ya Busanza 

C

85,000

D

60,000

D1

110,000


5. Reba ko amakuru watanze ari yo, ushyiremo nomero ya telefone na/cyangwa imeyili, urebe kuri paji y’amakuru watanze, maze ukande kuri Emeza.

6. Kode yo kwishyura (88…) ihita itangwa ngo wishyure, kanda kuri Ishyura. 


ICYITONDERWA

1. Usaba yoherezwa ubutumwa bugaragaza ko serivisi yishyuriwe ndetse agahabwa nomero ya dosiye imufasha gukurikirana aho dosiye igeze ku rubuga.

2. Mu gihe habayeho gutinda kwishyura, kode yo kwishyuriraho icyura igihe. Uzasabwa kongera kwiyandikisha.


3. Nta mafaranga y’inyongera asabwa kuri serivisi zavuzwe haruguru. Ushobora kwishyurira serivisi mu mafaranga (Frw) cyangwa amadolari ($).

 

4. Nyuma yo gusaba no kwishyurira serivisi kuri IremboGov, usaba yoherezwa SMS/imeyili byemeza amatariki n’ikigo cy’ikizamini. Basabwa kuboneka ku munsi w’ikizamini.

Did you find it helpful? Yes No

Send feedback
Því miður gátum við ekki verið hjálpleg. Hjálpaðu okkur að bæta þessa grein með athugasemdum þínum.