Niba witegura cyangwa ufite gahunda yo kujya mu mahanga, ushobora kuba wibaza uko wabona pasiporo n’ibyo usabwa. Ni ibintu byoroshye cyane!!!! Dore ibyo ugomba kumenya:
Ibi bireba umuntu Ufite pasipororo yifuza kuyisimbuza, cyangwa uvugurura pasiporo yatanzwe n’Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka (DGIE).
Ubwoko bwa pasiporo y’ikoranabuhanga n’ibisabwa
Imigereka isabwa iterwa n’ubwoko bwa pasiporo,igihe pasiporo imara,imyaka y’usaba,nkuko bigaragazwa mu mbonerahamwe haruguru.
Icyitonderwa:
Inyandiko zose zigomba kuba zujuje ibisabwa ku miterere n’ubunini bikurikira:
Inyandiko: Imiterere ya PDF,ubunini butarengeje 500KB;Ifoto ya pasiporo:Imiterere ya JPG,ubunini butarengeje 200KB;Umukono:Imiterere ya PDF,ubunini butarengeje 50KB.
Iyi serivisi itunganywa mu minsi 4 ,uhereye igihe dosiye yawe yoherejwe kugeza wakiriye pasiporo yawe.
Kurikiza aya mabwiriza yoroshye maze ubashe gusimbuza pasiporo mu buryo bw’ikoranabuhanga:
1. Jya kuri www.irembo.gov.rw ahanditse Abinjira N’abasohoka, maze ukande kuri Gusaba pasiporo mu buryo bw’ikoranabuhanga.
2. Hitamo serivisi wifuza ari yo Gusimbuza pasiporo, maze ukande kuri Saba.
Hitamo ukeneye iyi serivisi; niba usaba arengeje cyangwa ari munsi y’imyaka 18, maze wuzuze Umwirondoro w’usaba serivisi.
Iyo usaba arengeje imyaka 18, ashyiramo nomero ye y’indangamuntu.
Iyo usaba ari hagati y’imyaka 16 na 18, ashobora gukoresha nomero y’indangamuntu
Iyo usaba ari munsi y’imyaka 16,ashyiramo nomero y’ifishi ye y’umuturage.
Uzuza “Amakuru y’usaba”.
a. Abasaba bari hejuru y’imyaka 18 bagomba kuzuza ibikurikira:
Nomero y’indangamuntu
Umwuga n’umukoresha
Uburebure muri cm
Amakuru ajyanye n’aho utuye
Aho wavukiye
Ubundu bwenegihugu cyangwa indi pasiporo y’ubwenegihugu (Niba bihari)
Nomero y’umuhanda n’iyinzu
b. Abasaba bari munsi kuzamura bagomba kuzuza ibikurikira:
Icyiciro cy’umwana utaruzuza imyaka y’ubukure
Inyandiko y’irangamuntu
Nomero y’irangamuntu cyangwa nomero y’ifishi y’umuturage
Ubwenegihugu bw’urera umwana na nomero ye y’indangamuntu
Amakuru ajyanye n’aho utuye
Aho wavukiye
Ubundu bwenegihugu cyangwa indi pasiporo y’ubwenegihugu (Niba bihari)
Nomero y’umuhanda n’iyinzu
Uzuza Amakuru kuri pasiporo n’urugendo y’usaba.
a. Hitamo ubwoko bwa pasiporo n’igihe izamara hamwe ibijyanye n’urugendo :impamvu y’urugendo,Igihugu ugiyemo n’umujyi ugiyemo.
Shyiraho imigereka ikenewe mu buso n’ingano bisabwa.
Kanda kuri Ibikurikira maze ukomeze.
Reba ko amakuru watanze ari yo, ushyiremo nomero ya telefone na/cyangwa imeyili (email), urebe kuri paji y’amakuru watanze, maze ukande kuri Emeza.
Kode kwishyuriraho(88……)ihita yoherezwa kugira ngo wishyure.
3. Ibyo wakwitega nyuma yo kohereza ubusabe bwawe?
Intambwe ya 1: Nyuma yo gusaba dosiye no kuyishyurira kuri IremboGov, dosiye yawe yoherezwa Urwego rw’Igihugu rushinzwe abinjira n’abasohoka kugira itunganywe.
Intambwe ya 2:Usaba dosiye yoherezwa ubutumwa buvuye ku rwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka (DGIE) bumumenyesha igihe azajya kwifotoreza haba ku biro bya DGIE cyangwa kuri ambasade ihagarariye U Rwanda.
Intambwe ya 3: Umenyeshwa ko pasiporo yawe yabonetse ukaba wagenda ukayifata.
Icyitonderwa:
Niba uri muri Kigali,Ugenda ku cyicaro gikuru cya DGIE
Niba uri hanze ya Kigali,wasura ibiro bya DGIE biri ku biro bikuru by’akarere ubarizwamo
Niba uri hanze y’U Rwanda ,wasura Ambassade y’u Rwanda iri mu gihugu ubarizwamo.





