Iyi serivisi yemerera abanyarwanda bose (abakuru n’abato) bafite indangamuntu gusaba pasiporo yo mu buryo bw’ikoranabuhanga ibafasha kugenda hanze y’imbibi z’U Rwanda. Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka (DGIE) rutanga ubwoko butatu bwa pasiporo: isanzwe, iy’akazi, ndetse n’iyabanyacyubahiro.
Bisaba iminsi 4 kugira ngo iyi dosiye itunganywe; igiciro giterwa n’ubwoko bwa pasiporo wifuza.
Ibikenewe:
Ntabwo ukeneye konti y’Irembo kugira ngo usabe iyi serivisi.
Umunyarwanda uri hejuru y’imyaka 18 agomba kuba afite nomero y’indangamuntu.
Umunyarwanda uri munsi y’imyaka 18 agomba kuba afite nomero y’ifishi y’umuturage.
Imigereka isabwa iratandukana, bitewe n’ubwoko bwa pasiporo wahisemo ndetse “n’icyiciro cy’abato” cy’abasaba munsi y’imyaka 18
Usaba agomba kuba afite nomero ya telefone, imeyili (e-mail) bikora, cyangwa byombi.
Kurikiza aya mabwiriza yoroshye maze ubashe gusaba pasiporo mu buryo bw’ikoranabuhanga:
Jya kuri www.irembo.gov.rw ahanditse Abinjira N’abasohoka, maze ukande kuri Gusaba pasiporo mu buryo bw’ikoranabuhanga.
2. Kanda kuri Saba
3. Hitamo ukeneye iyi serivisi; niba usaba arengeje cyangwa ari munsi y’imyaka 18
Iyo usaba arengeje imyaka 18, ashyiramo nomero ye y’indangamuntu.
Iyo usaba ari munsi y’imyaka 18, ashyiramo nomero y’ifishi y’umuturage.
4. Shyiramo Umwirondoro w’usaba serivisi wuzuza mu myanya yabigenewe (*: bisobanuye amakuru nkenerwa).
Usaba ari mukuru agomba kuzuza ibi bikurikira:
Nomero y’indangamuntu
Umwuga n’umukoresha
Indeshyo muri cm
Umwirondoro w’aho atuye
Aho yavukiye
Ubundi bwenegihugu n’izindi pasiporo (amahitamo y’usaba)
Nomero y’umuhanda na nomero y’inzu (amahitamo y’usaba)
Usaba ari muto agomba kuzuza ibi bikurikira:
Icyiciro cy’abato
Dosiye y’Indangamuntu
Indangamuntu/Nomero y’Ifishi y’Umuturage
Indeshyo muri cm
Ubwenegihugu bw’umubyeyi/umurinzi na nomero ye y’Indangamuntu/Pasiporo
Umwirondoro w’aho atuye
Aho yavukiye
Ubundi bwenegihugu n’izindi pasiporo (amahitamo y’usaba)
Nomero y’umuhanda na nomero y’inzu (amahitamo y’usaba)
Uzuza Ibijyanye na Pasiporo & Ibijyanye n’urugendo by’usaba
Ongeraho imigereka yose ikenewe ifite imiterere n’ingano bisabwa ukanda kuri
Kanda kuri Ibikurikira maze ukomeze.
8. Reba ko amakuru watanze ari yo, ushyiremo nomero ya telefone na/cyangwa imeyili (email), urebe kuri paji y’amakuru watanze, maze ukande kuri Emeza.
9. Uhita uhabwa kode yo kwishyura (88….), kanda kuri Ishyura.
10. Usaba serivisi ashobora guhitamo uburyo bwo kwishyura.ukeneye andi makuru ku kwishyura,kanda hano .
ICYITONDERWA: Nyuma yo gusaba dosiye no kuyishyurira kuri IremboGov, usaba dosiye yoherezwa ubutumwa buvuye ku rwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka (DGIE) bumumenyesha igihe azajya kwifotoreza haba ku biro bya DGIE cyangwa kuri ambasade ihagarariye U Rwanda.





