Iyi serivisi igenewe abanyenganda bakorera ibintu mu Rwanda, abateranya ibikoresho, n’abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kugira ngo bakurirweho umusoro ku nyongeragaciro (TVA) ku bikoresho fatizo, imashini, n’imitungo ihamye ikoreshwa mu gukora ibicuruzwa bya nyuma bigera ku muguzi. Mu gusaba iyi serivisi, abasaba bagomba gutanga urutonde rwuzuye rw’ibikoresho fatizo, ibikoresho bihamye by’ishoramari, n’imashini bikoreshwa mu gukora ibicuruzwa byabo bya nyuma bigera ku muguzi. Iyi serivisi itangwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.
Igihe cyo gutunganya dosiye: Iminsi 21 y'akazi. Igiciro: Ntiyishyurwa
Ibisabwa mbere yo gutangira gusaba:
Abasaba bafite cyangwa badafite konti bashobora gusaba iyi serivisi.
Kanda hano kugira ngo umenye uko wafungura konti kuri IremboGov.
Ikigo, koperative cyangwa umuntu ku giti cye agomba kuba afite nimero iranga usora (TIN)
Imigereka nkenerwa:
Icyemezo cy’iyandikwa ry’ubucuruzi cyangwa koperative
Inyandiko irambuye itanga amakuru y’igicuruzwa.
Ibindi byangombwa by’inyongera bidategetswe:
Impushya zo gucukura cyangwa gushakisha ku bigo bicukura amabuye y'agaciro.
Dore intambwe zoroshye ugomba gukurikiza kugira ngo usabe gukurirwaho umusoro ku nyongeragaciro (TVA):
Sura urubuga rwa IremboGov: www.irembo.gov.rw, ubone aho handitse “Ubucuruzi N’inganda” maze ukande kuri “gukurirwaho umusoro ku nyongeragaciro”.
Kandi kuri Saba.
Uzuza amakuru y’usaba: nimero iranga usora (TIN), izina ry’ikigo cyangwa koperative, n’andi makuru y’usaba.
Ohereza inyandiko zisabwa mu buryo bw’ikoranabuhanga hanyuma ukande kuri "Komeza". (Ni ngombwa gukoresha urupapuro rutangwa muri dosiye y’isaba mu gihe wuzuza amakuru by’igicuruzwa.)
Emeza ko amakuru ari ukuri, andika nimero ya telefoni na cyangwa aderesi ya imeyili, hanyuma ushyire akamenyetso mu gasanduku ko kwemeza, ubone gukanda kuri Ohereza.
6. Hatangwa nimero ya dosiye (itangizwa na B2……) kugira ngo ushobore gukurikirana aho dosiye igeze.
Iyo dosiye yoherejwe neza, itunganywa na minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) hamwe na Minisiteri y’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN). Abasabye serivisi baza kohererezwa ubutumwa binyuze kuri imeyili cyangwa SMS, bubamenyesha impinduka zose ziri kuba ku dosiye yabo.