Iyi serivisi ifasha Abanyarwanda baba mu mahanga gusaba gukosorerwa indangamuntu yabo, mu gihe yatakaye cyangwa yangiritse.
Iyi dosiye itunganywa mu minsi 30. Igiciro kirahinduka.
Ibisabwa:
Abasaba bafite cyangwa badafite konti y’IremboGov bashobora gusaba iyi serivisi.
Abasaba bagomba kuba bafire nimero y’indangamuntu.
Abasaba bagomba kuba bafite impamvu zifite ishingiro(Amatariki bavukiyeho,guhinduza izina,igitsina n’ifoto) kugira babashe gusaba iyi serivisi
Abasaba bagomba kuba bafite nimero ya telefoni cyangwa imeri.
Imigereka yasabwa:
Icyemezo cy'Amavuko cyakozwe mu minsi 30
Agatabo k'Ishyingirwa
Indangamuntu yacyuye igihe
Ifishi y'Indangamuntu yacyuye igihe iriho umukono wa Noteri / Ifishi y'Indangamuntu y'Umubyeyi yacyuye igihe iriho umukono wa Noteri
Pasiporo yatanzwe mbere y'icyangombwa ufite kuri ubu / Urwandiko rw'Inzira rwatanzwe mbere y'icyangombwa ufite kuri ubu
Indangamanota y’ikizamini cya leta cy’umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza
Umwanzuro w'Urukiko
Izindi Nyandiko za Leta zatanzwe mbere ya 2007
Kopi y'inyandiko yemewe n'amategeko isaba guhindura izina.
Inyandiko zo kwa muganga
Kopi y'indangamuntu ufite kuri ubu
Kopi y'ifoto ya pasiporo ya vuba
Kurikiza izi ntambwe zoroshye ubashe gusaba gukosorerwa indangamuntu ku banyarwanda baba mu mahanga
Sura urubuga www.irembo.gov.rw ,hanyuma mu gice cy’ “Irangamimerere”,uhitemo “Gusaba gukosorerwa indangamuntu”.
Hitamo “Gukosoza indangamuntu ku banyarwanda baba mu mahanga”.
Kanda “Saba” utangize ubusabe.
Uzuza Amakuru y’usaba(Imyirondoro,Impamvu yo gukosoza n’ibiro bizayitunganya)
Icyitonderwa: Impamvu zose zo gusaba iyi serivisi ni ubuntu, uretse guhindura amazina cyangwa ifoto byishyurwa 1500 Rwf.
Ongeraho imigereka yose isabwa.(Imigereka isabwa izaterwa n’impamvu yo gukosoza).Hanyuma ukande Ibikurikira.
Reba ko amakuru watanze ari yo, ushyiremo nomero ya telefone na/cyangwa imeri (email) maze ukande kuri Emeza.
Icyitonderwa:
Nyuma yo kohereza ubusabe bwawe, buzasuzumwa na Ambasade wahisemo ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu (NIDA). Uzamenyesheshwa binyuze kuri imeri (email) cyangwa ubutumwa bugufi (SMS) igihe cyose hagize igihinduka ku busabe bwawe.
Iyo ubusabe bwawe bwemejwe, woherezwa nomero yo kwishyuriraho (Bill ID) ari na yo ukoresha wishyura serivisi wasabye, aho bisabwa.
Iyo indangamuntu yawe imaze gukorwa, Ambasade y’u Rwanda irakumenyesha kugira uhitemo uko wayihabwa cyangwa uburyo waza kuyifata.




