Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) gitanga serivisi z’indangamuntu harimo no gusimbuza indangamuntu mu gihe yatakaye cyangwa yangiritse.Ibi bikurikira ni bimwe mu bibazo bikunze kubazwa kuri iyi serivisi.
Ni angahe nishyura kugira ngo nsabe gusimbuza indangamuntu?
Ubusabe bwa mbere bwo gusimbuza indangamuntu bwoherezwa muri RIB ni ubuntu. Nyuma yo kwemezwa na RIB, wishyura 1,500 Frw.Ni nde wemerewe gusaba gusimbuza indangamuntu?
Umuntu wese w’Umunyarwanda watakaje cyangwa wangije indangamuntu ye.Bigenda bite nyuma yo kohereza ubusabe bwa mbere muri RIB?
Utegereza ko umukozi wa RIB wo mu Murenge wahisemo aguha gahunda. Iyo ubonye ubutumwa bukumenyesha gahunda, ujya ku biro bya RIB muri uwo murenge kugira ngo ukomeze izindi ntambwe.Nakora iki niba RIB itinze kwemeza ubusabe?
Jya ku biro bya RIB wahisemo kugira ngo bagufashe gukurikirana ubusabe.Bigenda bite nyuma yo kwishyura nomero yo kwishyura?
Nyuma yo kwishyura ukoresheje nomero yo kwishyura watanzwe n’umukozi wa RIB, IremboGov yohereza ubusabe bwawe muri NIDA. NIDA ikohereza indangamuntu ku Murenge bireba, aho uzayifatira.Ese ngomba kuba mfite konti ya IremboGov kugira ngo nsabe gusimbuza indangamuntu?
Yego. Ugomba kuba ufite konti ya IremboGov cyangwa ugasura umukozi wa Irembo ukwegereye kugira ngo agufashe.Ni ibihe bisabwa kugira ngo nsabe gusimbuza indangamuntu?
Ugomba kuba ufite konti ya IremboGov kugira ngo usabe iyi serivisi cyangwa ugasaba ubufasha ku mukozi wa Irembo. Kugira ngo ufungure konti ya Irembo, kanda hano.Nakora iki niba nomero y’indangamuntu yanjye itagaragara?
Ohereza cyangwa utange nimero y’indangamuntu yawe kuri NIDA cyangwa ku itsinda rya IremboGov kugira ngo bagufashe.Nzafatira he indangamuntu yanjye nyuma yo gukorwa na NIDA?
NIDA imaze gukora indangamuntu yawe, uzayifatira ku Murenge wakoreyemo ubusabe.